Back
Bien-Aimé yahuriye na Adekunle Gold i Kigali mu biganiro byibanze ku mishinga bafitanye- AMAFOTO
May 27, 2024
Umunyamuziki wo mu gihugu cya Kenya, Bien-Aimé Baraza ari mu bihumbi by’ibyamamare byitabiriye imikino ya BAL iri kubera i Kigali, ku nshuro ya Kane. Iyi mikino iherekezwa n’ibitaramo by’abahanzi n’ibindi mu rwego rwo gususurutsa abitabira iyi mikino.
Bien-Aimé
Baraza yakunze kugenderera u Rwanda, ahanini binyuze mu bikorwa byagiye
bimuhuza n’abahanzi bo mu Rwanda, ibikorwa birimo nka ‘Kwita Izina’ abana b’Ingagi, ibitaramo yakoreye muri Camp Kigali, n’ibindi.
Uyu muhanzi
yagaragaye mu mukino wahuje Ikipe ya Cape Town Tigers yo muri Afurika y’Epfo na
Fath Union Sports de Rabat yo muri Maroc wabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru
tariki 26 Gicurasi 2024.
Warangiye Cape
Town Tigers isezereye Fath Union Sports de Rabat mu mikino ya nyuma ya BAL
nyuma yo kuyitsinda ku manota 91-88 mu mukino wa 1/4.
Bien-Aimé
Baraza yaje i Kigali mu rugendo rwari rugamije kuganira no kuramukanya na
Adekunle Gold agamijye kubyutsa umushinga w’indirimbo bamari bamaze igihe
baganiriyeho.
Isoko z’amakuru
zivuga ko Adekunle Gold yabwiye Bien- Aime kuzamusanga mu Rwanda mu bitaramo
bya BAL akaba ariho banogereza umushinga w’indirimbo.
Bien-Aimé
Baraza kandi yagiranye ibiganiro n’abarimo Coach Gael washinze 1:55 AM, ndetse
yaganiriye n’umuraperi Kivumbi witegura gutaramira i Burayi.
Bien- Aime
amaze umwaka umwe atangiye urugendo rw'umuziki. Ndetse, aherutse kuvuga ko azashyira
imbere gukorana n'abahanzi banyuranye mu rwego rwo kwigaragaza nk'umuhanzi ukomeye
ku ruhando mpuzamahanga.
14Shares
0Comments
13Favorites
15Likes
No content at this moment.